vendredi 28 décembre 2012

Itondere kurya udukoko (insectes) kuko hari utubamo uburozi!



Uretse mu Rwanda, ahantu henshi ku isi bakunda gufata udukoko bita “insects” tumwe na tumwe dusanzwe tuzwi ho ko turibwa maze tukaba twategurwa mu mafunguro yewe hari n’abaturya tubisi. Nyamara ubushakashatsi bwakorewe mu gihugu cya Amerika bwagaragaje ko utu dukoko turi mu byongera imfu z’abaturya.
Nk’uko byatangajwe mu kinyamakuru slate.fr, hari umugabo umwe wari uzwi ku izina rya Edward Archbold wo muri Amerika waba yarishwe no kurya iminyorogoto myinshi ndetse n’ibindi bikururanda bitandukanye igihe yari mu marushanwa y’abaryi b’ibikoko muri uku kwezi k’ukwakira.

Ibi byatumye abashakashatsi bahaguruka bashaka kumenya ingorane umuntu yahura nazo mu gihe akunda gufungura utu dukoko dutandukanye. Udukoko twashyizwe mu majwi cyane kurusha andi moko y’ibyo kurya kuko usanga ku isi umubare munini urya tumwe tuguruka (nk’isenene), ibikururuka (vers)…

Nk’uko bisanzwe hari amoko arenga 1,000 y’udukoko turibwa kandi tugirira umubiri umumaro kandi dufite intungamubiri nyinshi. Ibi bikaba byarashimangiwe n’abashakashatsi mu mwaka wa 2011 mu buryo bwo gukangurira abantu kurya tumwe mu dukoko.

N’ubwo habayeho ubu bukangurambaga ntitwakwirengagiza ko hari udukoko twinshi twifitemo ubumara cyangwa se uburozi bushobora kwangiza ubuzima bw’umuntu. Akaba ari na yo mpamvu kugeza ubu nta gakoko na kamwe kari kemezwa n’abashakashatsi ko karibwa n’ubwo hari twinshi turibwa n’abantu ntibagire icyo baba.

Icyo abashakashatsi batandukanye bagiye batangaza ni ibihamya bitandukanye bigaragaza ko nta mpamvu yo kwizera turiya dusimba duto! Igihamya cya mbere ni uburyo utwinshi twirindamo ibyago dukoresheje “mécanismes chimiques”, gutera “allergies” ndetse n’ingorane mu gutandukanya udukoko turibwa n’ututaribwa.

Uburozi bw’udukoko akenshi buba bushobora gukomoka ku byo turya ku buryo hari n’uturya uburozi bwinshi urwungano rudashobora guhindura bityo uburozi bukibika mu mubiri watwo. Kurya udukoko rero ni ibyo kwitonderwa.

Ifoto: thedailygreen.com
Jean Claude NTAWITONDA / UMUGANGA.com

Icyayi cy’ibara ry’icyatsi ‘Green tea’ ni ingenzi cyane kubuzima bw’umuntu


Iki cyayi kidakenera isukari kubakinywa ni ingenzi cyane nk’uko bigaragara kurubuga rwa ‘BBC’ ,aho rutugaragariza imimaro ikurikira:
1.    kigufasha gukomera no kugira ubuzima buzira umuze.
2.    gifasha urwungano rw’amaraso gukora neza.
3.    Gikungahaye kuri ‘ polyphenols ‘igabanya ‘cholesterol’ mbi mumubiri ikongeramo inziza.
4.    Gishobora kugabanya amahirwe yo kurwara kanseri y’uruhu ,iy’ibihaha niy’amabere .
5.    Gifashaumuntu kugabanya ibiro mugihe abyifuza .
6.    Gishobora kugufasha kugabanya stress iturutse ku mihumekere mibi.
7.    Gifasha umuntu mukutbagirwa kikamufsha kwibuka vuba
8.    Iki cyayi kinarinda umuntu kurwara indwara zo mungingo,kugagara,cyangwa guhinara mungingo.
Niba rero hari bimwe muri ibi tumaze kurebera hamwe waba wifuza kugera ho ibanga ni uko wakwikoreshereza iki cyayi kuko kiboneka hano I wacu mu Rwanda.

Ifoto:http://www.sixpacksmackdown.com
NZABAHIMANA Cyprien / UMUGANGA.com

Bimwe mu biribwa bifasha ubwonko gukora neza



Urwo rubuga rukaba rwarashyize ahagaragara ibiribwa 10 byakwifashishwa mu mafunguro ya buri munsi bityo uyafashe akaba aciye ukubiri n’imikorere idahwitse y’ubwonko. Akaba ariyo mpamvu Imvaho Nshya igiye kubabwira ku buryo burambuye akamaro ka buri kiribwa ku mikorere y’ubwonko bityo buri muntu akazajya ayifashisha mu rwego rwo gufasha ubwonko kugira imikorere myiza mu mikorere yabwo ya buri munsi.

Ibiribwa 10 bifasha ubwonko gukora neza

Ikiribwa cya mbere gifasha uwagifunguye gutuma ubwonko bwe bukora neza ni imineke, uwo mwihariko imineke ifite ikaba uwukomora ku kuba ikubiyemo vitamini B6 ifasha mu gutanga umutuzo mu bwonko. Ariko ku bantu batemerewe gufata imineke kubera imiterere y’umubiri wabo cyangwa hari indwara runaka barwara ibabuza kuba barya imineke hari ibindi bafata bigira uruhare rumwe nk’urw’imineke mu gufasha ubwonko gutuza no gukora neza. Muri ibyo biribwa bishobora gusimbura imineke harimo ibinyomoro n’ibindi.

Ikiribwa cya kabiri umuntu yafata cyigafasha ubwonko bwe kugira imikorere myiza ni amagi kuko agira akamaro kanini cyane gatuma ubwonko buhora bwiteguye gukora neza. Ku bantu batarya amagi kubera impamvu zitandukanye, bashobora kuyasimbuza kurya amafi y’umweru kuko agirira ubwonko akamaro nk’ako amagi agirira ubwonko.

Ikiribwa cya gatatu gifasha ubwonko gukora neza ni amafi y’ubwoko bwose kuko afasha udutsi tw’ubwonko gukora neza ndetse akanadusukura. Ariko abahanga mu mirire batangaza ko amafi yo mu bwoko bwa kamongo, saradine na makero agira uruhare rukomeye cyane mu mikorere myiza y’ubwonko. Ikiribwa cya kane kigira uruhare rukomeye mu mikorere myiza y’ubwonko ni avoka, kuko icyo kiribwa gifite umwihariko wo kuba kibitsemo vitamine E kandi ikaba igira uruhare rukomeye rwo gufasha ubwonko kudasaza.

Ikiribwa cya gatanu kigira uruhare rukomeye mu mikorere myiza y’ubwonko ni imbuto zo mu bwoko bw’imbuto zitukura nk’inkeri n’izindi biri mu bwoko bumwe kuko zibitsemo vitamine C, iyo vitamine ikaba igira uruhare rukomeye mu gutuma ubwonko budahangayika ndetse iyo vitamine ifasha n’ubwonko kuruhuka. Ikiribwa cya gatandatu gifasha ubwonko gukora neza ni inyama y’umwijima w’inka cyangwa w’inkoko, kuko izo nyama zigira uruhare rukomeye mu gutanga umutuzo mu mikorere y’ubwonko. Ikiribwa cya karindwi kigira uruhare rukomeye mu mikorere myiza y’ubwonko ni epinari kuko ifite umwihariko wo kuba zikize kuri vitamine B9, iyo vitamine ikagira umwihariko wo gufasha ubwonko kwibuka vuba bityo umuntu ufata amafunguro arimo epinari aba aciye ukubiri ni ikibazo cy’amazinda akunze kwibasira abantu batari bake.

Ikindi kiribwa cya munani gifite ubushobozi bwo gufasha ubwonko gukora neza ni kakawo (cacao) ndetse n’ibiyikomokaho, kuko yibitsemo ubushobozi bwo kurinda ubwonko umunaniro kandi ngo kakawo ifasha ubwonko bw’umuntu kugera ku bushake bw’imibonano mpuzabitsina ku buryo bworoshye. Ikiribwa cya cyenda kigira uruhare rukomeye mu mikorere myiza y’ubwonko ni urunyogwe ni ukuvuga amashaza atumye agirira akamaro ntagereranwa ubwonko kuko yibitsemo intungamubiri zorohereza ubwonko mu mikorere yabwo ya buri munsi.

Ikiribwa cya cumi gifasha ubwonko gukora neza ni imboga z’ubwoko bwose kuko zibitsemo intungamubiri ziha ubwonko imbaraga nkenerwa mu mikorere myiza yabwo. Impuguke mu by’imirire zikaba zaranatangaje ko umuntu wakwitwararika mu mirire ye ya buri ntihaburemo kimwe muri biriya biribwa 10 byavuzwe hejuru bifasha ubwonko gukora neza, bityo akaba yiyongereye amahirwe yo kutazigera ahura n’ ikibazo cy’imikorere mibi y’ubwonko bakanongeraho ko ibyo byose bigomba guherekezwa no gukora imyitozo ngororamubiri kugirango ubwonko burusheho kumererwa neza bugira n’imikorere myiza mu buzima bw’umuntu bwose. Orinfor

Wari uzi ko hari biribwa bimwe na bimwe byongera ubushake bwo gutera akabariro?


Nkuko twagiye tubirebera hamwe kenshi, si byiza kurya ibiribwa kuko bibonetse, ahubwo tugomba kubirya tuzi neza icyo tubiririye, n’igihe bigomba kuririrwa bitewe n’icyo tubikeneyemo. Akaba ari yo mpamvu tugira ngo turebere hamwe ibiryo umugabo yagafunguye igihe yitegura gutera akabariro.
1. Ibitunguru, bishobora gufasha amaraso gutembera neza mu mubiri, bityo bikaba byakongera ubushake ku mugabo kuko bwiyongera iyo amaraso menshi ageze mu gitsina.
2. Akabenzi, nako ngo kaba gakungahaye kuri vitamine ya B1 ifasha ubwonko kuba bwategeka igitsina cy’umugabo kuba cyagira umurego ngo ikaba iboneka no mu bishyimbo, ndetse n’ubunyobwa.
3. Urusenda, narwo rukora mu buryo nk’ubw’ibitunguru, rugabanya umuvuduko wamaraso ajya mu bice bitandukanye by’umubiri, bityo agahita yikusanyiriza mu gitsina bikongera kugira ubushake.
4. Amafi yo mu bwoko bwa Salomon na Tuna nayo akungahaye ku binure bya Omega-3 acids, aboneka no muri Avoka, na yo akaba afasha amaraso gutembera neza mu mubiri wacu.
5. Imineke na yo ni ibiribwa bikungahaye ku munyu ngugu wa “calcium” ikaba ifite akamaro ko kugabanya umuvuduko w’amaraso ajya ahantu hatandukanye, bityo akaba yakwikusanyiriza mu gitsina, na byo bikongerera umugabo kugira ubushake bwo gusana urugo.
6. Amagi, akungahaye ku ma vitamine yo mu bwoko bwa B afasha umubiri kuringanyiza imisemburo igabanya stress bityo ntibe yabuza umugabo kugira ubushake.

Niba rero ufata amafunguro ukibagirwa ibi tumaze kurebera hamwe byaba byiza na byo byiyongeye kuri yo, niba ubona ko gutera akabariro ari ingenzi kuri wowe.

Ifoto: superradio.hr
NZABAHIMANA Cyprien / UMUGANGA.com

Brought by Nsengiyumva Willy

Wari uzi ko kurya amashu ari mabisi ari byiza kurusha kuyarya atetse?


Amashu ashobora kuribwa ari mabisi, atetse cyangwa akozwemo umutobe. Hari n’abayakoramo amandazi. Amashu ariwe ari mabisi, inzobere mu mirire zihamya ko ariyo meza kuko iyo atetswe umuriro ugabanura za vitamini ziyarimo n’ubushobozi bwo kuvura yifitemo. Ushaka kurya amashu mabisi arayaronga akoresheje amazi meza yabanje guteka akabira. Iyo arangije arayakunguta kugira ngo amazi ashiremo, akayakata yitonze akata duto. Ashobora kuminjiraho umutobe w’indimu n’amavuta akoreshwa ku mboga mbisi.
Amashu ashobora gutekwa yonyine, atogosheje cyangwa akaranzwe mu mavuta. Amashu kandi ashobora gutekwa hamwe n’ibindi biribwa nk’ibirayi n’izindi mboga nk’imiteja, ibishyimbo n’ibindi. Uretse kuba amashu akungahaye kuri vitamin A, C, B, E na K, ni ikiribwa kiza gikumira zimwe mu ndwara. Amashu ni bumwe mu bwoko bw’imboga bukunze guhingwa mu Rwanda ndetse bunera mu duce twose nk’uko bitangazwa n’ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ubuhinzi bw’imboga NAEB.

Amashu afite akamaro kanini mu mirire y’abantu n’amatungo. Amashu kandi akoreshwa mu mwanya cyangwa yunganira imiti ivura indwara nk’igifu,umuvuduko munini w’amaraso ndetse n’ibibyimba bitera Kanseri kuko ngo amashu afite ubushobozi bwo gutuma ibyo bibyimba bidafata umuntu cyangwa agahagarika gukura kwabyo.

Umutobe w’amashu

Umuntu ashobora gutegura umutobe w’amashu aseye hakoreshejwe icyuma cyabugenewe “blender/moulinex”. Umutobe w’amashu ushobora kuwufata wonyine cyangwa ukawuvanga n’indi mitobe nk’uw’inanasi, beterave cyangwa tungurusumu. Uwo mutobe wongerwamo agasukari cyangwa ubuki, ugakoreshwa mu rwego rwo kuvura cyangwa kunganira imiti. Ibi byose bikorwa hategurwa amashu bigomba kujyana n’isuku mu buryo bwose kugira ngo bibe binoze.
Kubirebana no gutegura amandazi mu mashu, ibyangombwa nkenerwa ngo amandazi y’amashu aboneke ni amashu, umunyu, igitunguru, ifarini, amagi n’urusenda.

Uko bikorwa

Gufata ishu yeze neza ikozwa. Gukekamo uduce duto, tugasekurwa mu isekuru ku buryo tunoga neza. Gufata isafuriya ifite isuku, ugashyiramo ya mashu n’ibiyiko bitanu by’ifarini. Gushyiramo umunyu, igitunguru gikasemo uduce duto no kumenamo amagi 5 cyangwa 4, ukagenda ubivangavanga kugeza aho bibereye igitigita cyoroshye. Nyuma, utetse acamutsa amavuta ku ipanu, no gushyira muri ya mavuta yatuye. Iyo bifashe ibara biba bihiye. Ni byiza kubigabura bishyushye. Umuntu ashobora kubibumbamo utubumbe mbere yo gushyira mu mavuta.

No kuri “Shufureri” niko bigenda kuko nayo ushaka iryo funguro abanza akayitunganya nyuma agashyushya amazi, agashyiramo ikiyiko kimwe cy’umunyu. Gushyiramo ya shufureri yose no guteka ucunga kuburyo idashwanyagurika. Iyo imaze gushya uyikura mu mazi ukayumutsa. Aha, birashoboka gutegura isosi ku ruhande bityo utetse agafata ya shu akayinyanyagizaho ya sosi. Kugira ngo bise neza, umuntu ashobora kongeraho uduce tw’amagi atogosheje hamwe na perisili. Orinfor
Tubikesha umuganga.com

Wari uzi ko Inzoga ishobora kongera ibyago byo kubyimba no kubabara mu ngingo (GOUTE)?


Iyi ndwara ahanini ikunda gufata abagabo, ikarangwa no kubabara mu ngingo ziba zaranabyimbye, ishobora kongerwa no gufata ku gasembuye.
Mu cyegeranyo cyakozwe hifashishijwe abagabo bagera ku 47,000 batari bafite iki kibazo, bakurikiranywe mu gihe kingana n’imyaka 12, cyagaragaje ko nyuma y’iki gihe hari hamaze kuboneka abagabo bangana na 2% bari bafite iki kibazo, abagabo bafataga ku gasembuye buri munsi bakaba bari bafite amahirwe menshi yo kurwara iyi ndwara ugereranije n’abataragafataga buri munsi.

Icyi cyegeranyo cyakomeje kigaragaza ko ubwoko bw’inzoga na bwo bushobora kongera aya mahirwe ku kigereranyo bitandukanye.

Abashakashatsi bagaragaza ko kuba inzoga ishobora kongera aya mahirwe, biterwa n’ibiyigaragaramo bizwi ku izina rya “Purine” bishobora guhindukamo “Acide Uric”.

Ngo ubusanzwe iyi Acide iva mu mubiri inyuze mu nkari, iyo rero iyi Acide ibaye nyinshi mu mubiri bitewe no kuba umuntu yayibonye ari nyinshi, impyiko zinanirwa kuyiyungurura ngo ibe yasohoka mu mubiri yivanze n’inkari, bityo ikigumira mu mubiri, aho ihinduka ibinombe ikikusanyiriza mu ngingo ari byo bita “Gout”

Urubuga rwa « Fammilly healthguide » dukesha iyi nkuru, rusoza rutugira inama ko ku bafite iki kibazo bakwirinda kuba cyakomeza birinda gufata ku gasembuye kenshi.

Ifoto: androidspin.com
NZABAHIMANA Cyprien / UMUGANGA.com

Wari uzi ko Amababi y’ipapayi afite akamaro gakomeye k’umubiri w’umuntu? Sobanukirwa


Ntitwari dukwiye kwirirwa twibaza icyo twakwifashisha mu kurinda no gufasha umubiri wacu kugira imikorere myiza cyangwa gukira indwara, kandi nyamara hari byinshi bidukikije bidufitiye akamaro aakaba ari yo mpamvu tugira ngo turebere hamwe imimaro ibibabi by’amapapayi bifitiye umubiri, twifashishije urububuga rwa “wold healthmedicine”.
1. Umuti uvura ibiheri byo mu maso:

Kubashaka kugaragara neza no kugira uruhu rukeye cyane cyane igitsina gore, bashobora gufata ibibabi 2 cyangwa 3, bakabinambisha hakoreshejwe izuba nyuma bakabivuguta bashyizemo utuzi duke nk’agace k’akayiko k’icyayi barangiza bakisiga mu maso.

2. Kongera ubushake bwo gufungura (apetit)

Ibi bikaba bikunda gukorerwa ahnini ku bana, hakoreshejwe akababi gashya kangana no ku kiganza cy’umuntu hongerwamo akunyu gake bigashirwa mu gikombe cy’amazi ashyushye, bigahabwa umwana, bimugarurira ubushake bwo gufata amafunguro.

3. Gukiza ukubabara mu gihe cy’imihango

Ufata ikibabi cyose ukagishyira mu kirahuri cy’amazi, ukongeramo akunyu, hanyuma ugacanira bikabira, warangiza ukabinywa.

4. Ngo ibi bibabi bishobora no gutuma urwungano ngogozi rukora neza ndetse ngo bikaba byanarinda umuntu kurwara indwara ya kanseri.

Niba rero wifuza kugira ubuzima bwiza gerageza gukora bimwe mu byo tumaze kurebera hamwe.

Ifoto: lesamoureuxdelapoesie.com
NZABAHIMANA Cyprien / UMUGANGA.com

Teka neza urye ibiryoshye : Umuleti na Foromaji


Ubusanzwe umuleti ufata izina bitewe n’ubwoko butandukanye bw’ibiribwa biwugize. Ni muri urwo rwego tugiye kurebera hamwe ubwoko bw’umuleti utekanye na Foromaje.
Nk’uko bitangazwa n’inzobere mu birebana no guteka Madame Ingabire Jeanette, ku bantu 2 hakenewe amagi 4, forumaje ya ¼ yakaswemo uduce duto duto ndetse igahabwa forume utegura yabanje guhitamo. Hakenewe kandi ibirungo, umunyu, amavuta yaba aya Narigarine cyangwa se amavuta y’ubuto.

Uko bikorwa

Kubanza koza neza igi n’ isuku ihagije, kurimena. Utegura aba afite agasorori ku ruhande bityo agafata umuhondo w’igi n’umweru w’igi ukabishyira muri ka gasorori, ukarikubitiramo. Nyuma ashyiramo Pepper n’umunyu, agakomeza abikubitira hamwe. Hakurikiraho gutegura imbabura, gushyiraho ipanu.

Imaze gushyuha neza, gushyiraho Bureba cyangwa amavuta asanzwe, bimaze gucamuka, gushyiraho ya magi yamaze gukorogwana neza na bya birungo, umureti utangiye gufata, utegura iri funguro, awuterera rimwe bityo ahari hasi hakaba ariho hajya hejuru. Aha, nibwo ya forumaji, ikaswemo udupande duto ishobora gukoreshwa. Gusa, gukata forumaji n’ibintu byo kwitondera kuko ubwayo ari amavuta bityo ikaba ishobora kuyenga. Mu kwirinda icyo kibazo, bafata forumaji bakayikata mu buryo bwa Julienne.

Urugero rwerekana uko bakata mu buryo bwa Julienne : nko gufata karoti, ukayikata mu buryo bw’impagarike, kuyisaturamo 2 kuko uba wayikasemo agace gato kananutse bityo kakaza kameze nk’agakoni. Ubwo buryo ni nabwo bukatwamo forumaji. Icyo gihe ufata twatujulienne twa forumaji, ugahita udushyira hejuru h’umuleti ariko utetse akirinda ko tuyenga.

Ibyo bivuze ko umuntu urimo gutegura iri funguro adushyiraho azi neza ko agiye guhita yarura kuko utwo duce turamutse tugiye ku ipanu, kubera ko forumaji ubwayo ari amavuta, yahita iyenga. Kubirebana n’iri funguro, birushaho kuba akarusho igihe riherejwe rigishyushye. Uyu muleti uhabwa izina rya Folumaji. Orinfor
Tubikesha umuganga.com

The most known plants in herbalism





What is the Aloe Vera

















According to wikipedia it is a plant that is probably from Northern Africa.
It is generally used to make skin creams and medecines.

According to super-smart.eu it is a plant that is mostly known for its cosmetics use
In Rwanda we also know it for that use aloe-vera-bio.org 
especially when it is used to cure some skin illnesses when it added to buttera which is also another curehttp://en.wikipedia.org/wiki/Butter

What to do to loose weight using meal only



Fat Loss via Better Science and Simplicity

It is possible to lose 20 lbs. of bodyfat in 30 days by optimizing any of three factors: exercise, diet, or drug/supplement regimen. I’ve seen the elite implementation of all three in working with professional athletes. In this post, we’ll explore what I refer to as the “slow-carb diet”.
In the last six weeks, I have cut from about 180 lbs. to 165 lbs., while adding about 10 lbs. of muscle, which means I’ve lost about 25 lbs. of fat. This is the only diet besides the rather extreme Cyclical Ketogenic Diet (CKD) that has produced veins across my abdomen, which is the last place I lose fat (damn you, Scandinavian genetics). Here are the four simple rules I followed…
Avoid any carbohydrate that is — or can be — white. The following foods are thus prohibited, except for within 1.5 hours of finishing a resistance-training workout of at least 20 minutes in length: bread, rice, cereal, potatoes, pasta, and fried food with breading. If you avoid eating anything white, you’ll be safe.
Rule #2: Eat the same few meals over and over again
The most successful dieters, regardless of whether their goal is muscle gain or fat loss, eat the same few meals over and over again. Mix and match, constructing each meal with one from each of the three following groups:
Proteins:
Egg whites with one whole egg for flavor
Chicken breast or thigh
Grass-fed organic beef
Pork
Legumes:
Lentils
Black beans
Pinto beans
Vegetables:
Spinach
Asparagus
Peas
Mixed vegetables
Eat as much as you like of the above food items. Just remember: keep it simple. Pick three or four meals and repeat them. Almost all restaurants can give you a salad or vegetables in place of french fries or potatoes. Surprisingly, I have found Mexican food, swapping out rice for vegetables, to be one of the cuisines most conducive to the “slow carb” diet.
Most people who go on “low” carbohydrate diets complain of low energy and quit, not because such diets can’t work, but because they consume insufficient calories. A 1/2 cup of rice is 300 calories, whereas a 1/2 cup of spinach is 15 calories! Vegetables are not calorically dense, so it is critical that you add legumes for caloric load.
Some athletes eat 6-8x per day to break up caloric load and avoid fat gain. I think this is ridiculously inconvenient. I eat 4x per day:
10am – breakfast
1pm – lunch
5pm – smaller second lunch
7:30-9pm – sports training
10pm – dinner
12am – glass of wine and Discovery Channel before bed
Here are some of my meals that recur again and again:
breakfast-wince.jpg
Scrambled Eggology pourable egg whites with one whole egg, black beans, and microwaved mixed vegetables
lunch-wince.jpg
Grass-fed organic beef, pinto beans, mixed vegetables, and extra guacamole (Mexican restaurant)
dinner-wince.jpg
Grass-fed organic beef (from Trader Joe’s), lentils, and mixed vegetables
pizza-wince.jpg
Post-workout pizza with extra chicken, cilantro, pineapple, garlic, sundried tomotoes, bell peppers, and red onions
Drink massive quantities of water and as much unsweetened iced tea, tea, diet sodas, coffee (without white cream), or other no-calorie/low-calorie beverages as you like. Do not drink milk, normal soft drinks, or fruit juice. I’m a wine fanatic and have at least one glass of wine each evening, which I believe actually aids sports recovery and fat-loss. Recent research into resveratrol supports this.
Rule #4: Take one day off per week
I recommend Saturdays as your “Dieters Gone Wild” day. I am allowed to eat whatever I want on Saturdays, and I go out of my way to eat ice cream, Snickers, Take 5, and all of my other vices in excess. I make myself a little sick and don’t want to look at any of it for the rest of the week. Paradoxically, dramatically spiking caloric intake in this way once per week increases fat loss by ensuring that your metabolic rate (thyroid function, etc.) doesn’t downregulate from extended caloric restriction. That’s right: eating pure crap can help you lose fat. Welcome to Utopia.