vendredi 28 décembre 2012

Wari uzi ko Amababi y’ipapayi afite akamaro gakomeye k’umubiri w’umuntu? Sobanukirwa


Ntitwari dukwiye kwirirwa twibaza icyo twakwifashisha mu kurinda no gufasha umubiri wacu kugira imikorere myiza cyangwa gukira indwara, kandi nyamara hari byinshi bidukikije bidufitiye akamaro aakaba ari yo mpamvu tugira ngo turebere hamwe imimaro ibibabi by’amapapayi bifitiye umubiri, twifashishije urububuga rwa “wold healthmedicine”.
1. Umuti uvura ibiheri byo mu maso:

Kubashaka kugaragara neza no kugira uruhu rukeye cyane cyane igitsina gore, bashobora gufata ibibabi 2 cyangwa 3, bakabinambisha hakoreshejwe izuba nyuma bakabivuguta bashyizemo utuzi duke nk’agace k’akayiko k’icyayi barangiza bakisiga mu maso.

2. Kongera ubushake bwo gufungura (apetit)

Ibi bikaba bikunda gukorerwa ahnini ku bana, hakoreshejwe akababi gashya kangana no ku kiganza cy’umuntu hongerwamo akunyu gake bigashirwa mu gikombe cy’amazi ashyushye, bigahabwa umwana, bimugarurira ubushake bwo gufata amafunguro.

3. Gukiza ukubabara mu gihe cy’imihango

Ufata ikibabi cyose ukagishyira mu kirahuri cy’amazi, ukongeramo akunyu, hanyuma ugacanira bikabira, warangiza ukabinywa.

4. Ngo ibi bibabi bishobora no gutuma urwungano ngogozi rukora neza ndetse ngo bikaba byanarinda umuntu kurwara indwara ya kanseri.

Niba rero wifuza kugira ubuzima bwiza gerageza gukora bimwe mu byo tumaze kurebera hamwe.

Ifoto: lesamoureuxdelapoesie.com
NZABAHIMANA Cyprien / UMUGANGA.com

Aucun commentaire:

Enregistrer un commentaire